
Umutoza w`ikipe y`igihugu ya Espagne, Luis de la Fuente , yemeye ko perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamubwiye ko yifuza kumugira umutoza w`ikipe y`igihugu cye kugira ngo begukane igikombe cy`isi bwa mbere.

Umutoza w`ikipe y`igihugu ya Espagne, Luis de la Fuente , yemeye ko perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamubwiye ko yifuza kumugira umutoza w`ikipe y`igihugu cye kugira ngo begukane igikombe cy`isi bwa mbere.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA),ryemeje ko Stade Amahoro ariyo izakira imikino ifungura irushanwa rya CECEFA Kagame Cup,rizabera mu Rwanda mu mpera z`iki cyumweru.

Umudage Jurgen Klopp, ushinzwe ibikorwa by`umupira w`amaguru mu ikipe ya Reb Bull Salzburg yo muri Autriche, yemeye kugaruka mu mwuga wo gutoza umupira w`amaguru nk`umutoza mushya w`ikipe y`igihugu y`ubudage.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije umunyezamu w`umunya Mozambique, Ernan Siluane, n`umunya Mali ukina hagati Mamadou Traoré. Aba bakinnyi basinye amasezerano y`imyaka ibiri muri APR FC, baje kongera imbaraga mu izamu ryayo no mu gice cy`abakina hagati mu kibuga.

Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi batanu barimo ba rutahizamu babiri aribo umunya Mali, Keffa Tangara, n`umunya Cameroon Moussa Limane. Basinyiye rimwe n`umunya Kenya Japhet Mzungu, n`umunyarwanda Rushema Chris wavuye muri Rayon Sport.

